Ibihugu 20 bifite igisilikare kidakaze ku Isi.

Uru rutonde ruragaruka ku Bihugu bifite igisilikare kitari icy’umwuga, igisilikare kitabasha guhagarara ku Gihugu cyangwa se kurinda abaturage mu gihe cy’amage.

Ibihugu 20 bifite igisilikare kidakaze ku Isi.

Ubundi hakunze kugarukwa ku Bihugu bifite igisilikare gikomeye ku Isi cyangwa muri Africa. Ariko burya hari ibihugu bifite igisilikare kigera mu bihe by’amage abakigize bagatsindwa batagoranye, bagatsindwa urugamba aribwo rugitangira kubera kubura ubunyamwuga, ibikoresho, umubare muke w’abasilikare batagendanye nuko igihugu kingana, intwaro zishaje cyangwa zitagezweho, kubura imyitozo igezweho ndetse n’ibindi nkenerwa mu mirimo ya Gisikare.

Ibihugu tugiye kugarukaho ntabwo bifite ubushobozi buhagije bwo gukumira ibitero byagabwaho bivuye hanze, cyangwa se iby’imbere mu Gihugu. ni igisilikare kigorwa cyane no kurinda umutekano w’igihugu iyo haramutse havutse ibibazo by’imbere mu Gihugu, iyo haramutse havutse imitwe yitwaje intwaro imbere mu Gihugu. Urugero nka Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo.

Ibi nibyo bihugu bifite igisilikare kidashoboye/kijegajega ku Isi muri uyu mwaka turimo, 2023.

. Bhutan

Ni Igihugu kiri k’umugabane wa Asia. kikaba kibarirwa amanota 23.2577. Bivuze ko kidashoboye na busa.

. Kosovo

Kosovo ibarirwa amanota mu bya gisilikare angana na 19.4791. Kosovo iherereye k’umugabane w’Uburayi.

. Liberia

Liberia ni igihugu kibarizwa hano muri Africa, kikaba gituwe n’ibisekuru by’abahoze ari abacakara k’Umugabane wa America, nyuma bakaza gutaha iwabo muri Africa. Ni Igihugu kitakoronejwe kuko mu gihe cy’Ubukoroni abagituye bari bazi neza ibijyanye n’uburenganzira bwabo.

Liberia ibarirwa amanota 9.9159.

. Somalia

Somalia ni Igihugu giherereye mu ihembe rya Africa, Somalia ikaba yararembejwe n’imitwe y’itwaje intwaro.

ibarirwa amanota mu bya gisilikare angana n’u  8.0104.

. Sierra Leone

Sierra Leone nayo ibarizwa muri Africa, ikaba ibarirwa amanota 7.2063.

. Suriname

Suriname iherereye muri America y’Epfo, ikaba ibarirwa amanota 8.0693.

. Eritrea

Eritrea iherereye muri Africa, ibarirwa amanota  5.6579.

. Gabon

Gabon iherereye muri Africa, ikaba ibarirwa amanota 4.9661.

. Central African Republic

Nayo iza kuri uru rutonde rw’Ibihugu bifite ingabo zidashoboye, Ingabo z’u Rwanda zagiye gutabara yo no kugarura yo amahoro n’umutekanao. Central African Republic ikaba ibarirwa amanota 4.9381.

. Panama

Ibarizwa k’umugabane wa america y’Epfo. Ibarirwa amanota 4.7889.

. Burkina Faso

Burkina Faso ibarizwa k’umugabane wa Africa, ibarirwa amanota 4.6697 mu bya Gisilikare.

. El Salvador

Ibarizwa k’umugabane wa Amerika, ibarirwa amanota 4.4774.

. Namibia

Namibia ibarizwa mu m’Amajyepfo ya africa, ibarirwa amanota 4.4392.

. Mauritania

Mauritania nayo iri mu m’Amajyaruguru ya Africa, ikaba ibarirwa amanota 4.4027.

. Madagascar

N’ikirwa kiri mu m’Amajyepfo ya Africa, kikaba ari nacyo kirwa kinini muri Affrica. Madagascar ibarirwa amanota 4.4214.

. Republic of the Congo

Ni igihugu giherereye hafi y’u Rwanda, kikaba kibarirwa amanota 4.3892.

. Montenegro

Montenegro ibarizwa k’Uburayi. Ikaba ibarirwa amanota 4.3841.

. Dominican Republic

Ibarirwa amanota 4.2916.

. Bosnia and Herzegovina

Ibarizwa k’Uburayi, ikaba ibarirwa amanota  4.0474.

. El Salvador

Ibarirwa amanota  4.4774.

Uko igihugu kigira amanota menshi niko kiba kijegajega cyane, muri ibi bya gisilikare igikomeye ni ikiba gifite umubare muto cyane kurusha ibindi.

Urugero igihugu gifite 00000 nicyo cyaba gikomeye.